Leta ya Amerika yahaye TikTok amahirwe ya nyuma

Leta ya Amerika yahaye TikTok amahirwe ya nyuma

 Dec 7, 2024 - 14:16

Mu gihe byari bimaze iminsi bivugwa ko Perezida wa Amerika uherutse gutorwa, Donald Trump ashobora kugiriri ikigongwe urubuga rwa TikTok rumaze igihe rushyirwaho igitutu na leta ya Amerika, birashoboka ko ubutegetsi bwa Biden budashaka kuyisigaho. Ni nyuma y'uko byamaze kwemezwa ko uru rubuga rw'Abashinwa rugomba kuba rwagurishijwe ku bandi cyangwa ntirukomeze gukorera muri Amerika bitarenze tariki 19 Mutarama, habura umunsi umwe gusa ngo Trump arahire.

Urukiko rw’Ubujurire muri New York rwatangaje icyemezo cyo gushyigikira itegeko risaba ByteDance, isosiyete nkuru ya TikTok yo mu Bushinwa, kugurisha imigabane yayo bitarenze ku ya 19 Mutarama 2025, cyangwa igahagarikwa gukoreshwa muri Amerika hose.

Iri tegeko ryashyizweho mu rwego rwo kurinda Abanyamerika kugenzurwa na Porogaramu cyangwa se Applications zo mu bihugu by’amahanga, hagamijwe kurengera umutekano w’igihugu.

Icyakora, TikTok yarwanyije iki gikorwa, ivuga ko binyuranyije n’ivugururwa yakoze mbere. Urukiko, rwashimangiye ko ibimenyetso bya guverinoma y’Amerika ku bijyanye n’umutekano bifite ishingiro, hashingiwe ku ruhare rwa TikTok mu ikoreshwa nabi ryayo ku isi.