Mu mikino ya CECAFA y’abangavu batarengeje imyaka 20 iri kubera muri Uganda kuri uyu munsi hakomezaga imikino ku munsi wa kabiri w'iri rushanwa.
Uganda iri mu rugo yari yakiriye ikipe y’igihugu ya Djibouti.
Ni umukino watangiye ku isaha ya saa 10:00 za mugitondo , ni amakipe yombi atanganyaga imbaraga kuko Uganda isanzwe ikomeye mu mupira w’akarere ka Afrika y’uburasira naho Djibouti ikunze kwitabita hanyuma ikitahira.
Ni umukino watangiye Uganda irusha cyane ikipe y’igihugu ya Djibouti kuko igice cya mbere cyarangiye Uganda yatsinze ibitego 6-0 bwa Djibouti.
Igice cya kabiri Uganda ntiyahagaze kuko yatsinzemo ibindi bitego 7.
umukino urangira ari ibitego 13-0
Uganda mu byishimo nyuma yo gutsinda ibitego 13-0 (Net.Photo)
Bamwe mu bakinnyi batsinze ibyo bitego barimo kapiteni wayo Fauzia Najjemba watsinzemo ibitego 6 ku munota wa 10, 24 , 35, 47, 74 na 82 ndetse n’abandi barimo Nandago watsinzemo 2 , Nagadya , Nakibuuka ndetse na Namaganda.
Djibouti itsinzwe ibi bitego nyuma y'uko ku wa 2 Nzeri bakuru babo nabo bari batsinzwe ibitego 8-0 na Algeria.
Djibouti imaze kumenyera gutsindwa byinshi (Net.Photo)
