Nk’uko byatangajwe, Ripple yinjiye muri banki ahita aha umukozi ubusabe bwanditseho amagambo agira ati: “Mpa amafaranga, mfite imbunda.” Ariko icyo abantu batigeze bitegura ni uko amaze guhabwa amafaranga, ntiyigeze ahunga. Ahubwo yagumye muri banki ategereza abapolisi baza kumuta muri yombi.
Mu rukiko, Ripple yasobanuye ko yari ananiwe n’ubuzima bwo mu rugo kandi yumvaga ko gufungirwa muri gereza byamufasha kurusha kuba mu nzu hamwe n’umugore we.
Uruhande rw’abamwunganiraga rwagaragaje ko yari ari mu bibazo by’ubuzima bwo mu mutwe byaturutse ku kubagwa umutima, ibintu byafashwe nk’ihisobanuro gihamye cy’imyitwarire ye idasanzwe.
Nyuma yo gusuzuma ibimenyetso byose, urukiko rwamukatiye igihano cyo gufungirwa mu rugo amezi atandatu, gukora amasaha 50 y’imirimo ifitiye rubanda akamaro, ndetse no kuba mu igenzura ridasanzwe mu gihe cy’imyaka itatu. Yanategetswe kandi kwishyura indishyi y’amadorari 227 kuri banki.
Ku bw’icyo cyemezo, Ripple yasubijwe mu rugo aho yari yifuje kuvanwa, biba inkuru idasanzwe yerekanye uko rimwe na rimwe ibibazo byo mu miryango bishobora gusunikira abantu mu bikorwa budasanzwe.
