Konti za Banki z'umuherwe uherutse gutumira Diamond na Davido muri Ghana zafunzwe

Konti za Banki z'umuherwe uherutse gutumira Diamond na Davido muri Ghana zafunzwe

 Mar 26, 2025 - 15:17

Umuherwe Richard Nii-Armah Quaye uherutse gukora ibirori by'akataraboneka byo kwizihiza isabukuru y'amavuko y'imyaka 40 y'amavuko agatumira ibyamamare bitandukanye birimo Diamond na Davido, konti ze zose za Banki zafunzwe bitewe nuko hari amanyanga ashinjwa gukora.

Ku wa Gatandatu w'icyumweru gishize nibwo ibi birori bidasanzwe byo kwizihiza isabukuru y'amavuko y'uyu muherwe byabereye muri Ghana, aho yishyuye akayabo ibyamamare birimo Diamond Platinumz, Davido, King Promise, Stonebwoy n'abandi ngo bazasusurutse abitabiriye ibi birori.

Mu bahanzi batumiwe, Diamond niwe wishyuwe akayabo k'asaga miliyoni 848 Rwf, Davido yishyurwa asaga miliyoni 707 Rwf, Sarkodie na Stonebwoy bishyurwa asaga miliyoni 282 Rwf na King Promise wishyuwe asaga miliyoni 169.

Kuri ubu ikigo gishinzwe kugenzura imikoreshereze y'amafaranga muri Ghana, Monetary Authority, cyamaze gufunga konti ze zose za Banki aho ashinjwa kunyereza umusoro.

Amakuru ava mu bitangazamakuru bitandukanye byo muri Ghana, avuga ko mu isabukuru y'uyu muherwe hari amafaranga asaga miliyari 1.6 Rwf, yakoreshejwe ariko ntabwo yigeze ayatangira umusoro.

Umuherwe Richard ubwo yizihizaga isabukuru y'amavuko y'imyaka 40