Nyuma yuko uwo mukino wabaye ku wa Mbere urangiye banganyije 0-0, Mourinho w’imyaka 62 yavuze ko abatoza ba Galatasaray basimbutse nk’inguge. Bvugwa kandi ko yongeye kwikoma abasifuzi ba Turukiya.
Icyakora, Fenerbahce yo yatangaje ko amagambo ya Mourinho yasobanuwe mu buryo bitari bwo kuko atari agamije kugira uwo akomeretsa.
Jose Mourinho yahagaritswe imikino ine
Ejo ku wa Kane, ni bwo Inama ishinzwe imyitwarire ya TFF yafashe icyemezo cyo guhagarika imikino ibiri kubera ko yateranye amagambo n’umusifuzi wa kane ndetse n’imikino ibiri y’inyongera ku magambo yavuze ku bakinnyi n’abatoza ba Galatasaray.
