FIFA yashyize ahagaragara abakinnyi batatu bazavamo umukinnyi w'umwaka

FIFA yashyize ahagaragara abakinnyi batatu bazavamo umukinnyi w'umwaka

 Jan 8, 2022 - 05:48

Umunya-Argentine Lionel Messi, umunya-Poland Robert Lewandowski n'umunya-Misiri Mohamed Salah nibo bakinnyi batatu bazavamo umukinnyi w'umwaka wa FIFA.

Nyuma y'itangwa rya Ballon d'or 2021, ikindi gihembo gikomeye gihabwa umukinnyi ku giti ke ni FIFA player of the year gihabwa umukinnyi witwaye neza kurusha abandi mu mwaka ndetse kigatangwa n'impuzamashyirahamwe ya FIFA.

Kugeza ubu FIFA yamaze gutangaza ko abakinnyi batatu ba nyuma bagomba kuvamo umwe uzatwara iki gihembo mu bagabo ni Lionel Messi, Robert Lewandowski na Mohamed Salah.

Iki gihembo gihabwa umukinnyi w’Indashyikirwa mu mupira w’amaguru mu bagabo watowe n’abanyamupira mpuzamahanga bagizwe n’abatoza b’amakipe y'igihugu y’abagabo bose (umwe ku ikipe), abakapiteni b’amakipe y’ibihugu y’abagabo bose (umwe ku ikipe), umunyamakuru umwe w’inzobere muri buri gihugu hamwe n’abafana biyandikishije kuri FIFA.com.

Akanama nkemurampaka kazicara gahitemo uwatsinze hagendewe ku byo bakoze mu mupira w’amaguru kuva ku wa 08 Ukwakira 2020 kugeza ku wa 07 Kanama 2021.

Abanyafurika ntibakunze guhirwa n'iki gihembo kuko nta munyafurika uregukana iki gihe mu nshuro eshanu kimaze gutangwa ku cyegukanywe n’abarimo Lionel Messi (2019), Cristiano Ronaldo (2016 na 2017), Luka Modric (2018) na Robert Lewandowski (2020).

Abatsindiye ibihembo mu byiciro byose bazamenyekana muri The Best FIFA Football Awards izabera i Zurich mu Busuwisi ku ya 17 Mutarama 2022.

Ni mu gihe Lionel Messi aherutse guhabwa Ballon d'Or gusa hari benshi batabyumva bakavuga ko yagahawe Robert Lewandowski. Kuri iyi nshuro FIFA niyo izaca impaka niba Messi koko ariwe mukinnyi mwiza wa w'umwaka.

Lionel Messi ni umwe muri bakinnyi batatu b'umwaka ba FIFA(image:AS)

Robert Lewandowski nawe yabonetsemo(Image:Mirror)

Mohamed Salah niwe munyafurika ugaragara muri batatu ba FIFA(Net-photo)