Jay-Z, umunyabigwi mu muziki akaba n’umwe mu bashyigikira ibikorwa bya Super Bowl muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatanze igisubizo cyumvikanisha ko adashyigikiye ibitekerezo by’abashaka gutesha agaciro Bad Bunny.
Ubwo yabazwaga n’umunyamakuru wa TMZ i New York ku bivugwa kuri uyu muhanzi, Jay-Z yasubije mu magambo magufi ariko y’umwihariko agira ati:“Baramukunda. Ntibazakubeshye.”
Aya magambo ya Jay-Z yakiriwe nk’ubutumwa bukomeye bwo gushimangira ko Bad Bunny akomeje kugira ubufasha buhambaye mu ruganda rw’umuziki, ndetse ko kwitabira Super Bowl ari ikimenyetso cy’uburyo impano ye yamamaye ku rwego rw’isi.
Super Bowl ni kimwe mu bitaramo bikurikirwa cyane ku isi, kikaba cyitabirwa n'abahanzi bakomeye kurusha abandi buri mwaka.
Jay-Z yashingiye igiti Bad Bunny
Bad Bunny ni we uzaririmba muri Super Bowl Halftime Show 2026
