Ku munsi w'ejo tariki 10 Ukuboza 2024, nibwo ikinyamakuru TMZ cyatangaje ko Megan Fox na MGK batandukanye mu mpera z'ukwezi gushize ku Ugushyingo, ubwo bari basohokanye mu rugendo bari gutembera muri Leta ya Colorado.
Iki cyamakuru cyavuze ko ubwo bari muri ubu butembere bwabo, Megan Fox yaje gufata telefone ya MGK abonamo ibintu biramubabaza cyane ahita amusaba ko yaharika imodoka akavamo iby'urugendo abivamo.
Amakuru dukesha ikinyamakuru Page Six, avuga ko umwe mu bantu ba hafi y'uyu muryango, yabwiye iki kinyamakuru ko ubwo Megan Fox yafataga telefone ya MGK, yasanzemo ubutumwa yajyaga yandikirana n'abandi bagore bihita bimurakaza.
Uwahaye amakuru iki kinyamakuru yakomeje avuga ko kuva aba bombi babana, Megan Fox yahoraga akemanga uyu muraperi MGK ndetse akaba ari byo byatumaga n'ubundi bahora bashwana.
Icyakora yavuze ko Megan Fox yari yarirengagije iby'ahahise yiyemeza kwiyubakamo icyizere cy'umugabo we kugira ngo bubakane umuryango wabo, ariko nyuma yo kubona ubwo butumwa akaba yahise ahindura ibitekerezo.
Yakomeje avuga ko Megan akomeye kandi yihagije ku buryo adakeneye umugabo n'umwe mu buzima bwe.
Tariki 11 Ugushyingo 2024, nibwo aba bombi bari batangaje inkuru nziza ko bari mu myiteguro yo kwibaruka umwana wabo w'imfura muri Werurwe 2025.
Aba bombi batangiye kuvugwa mu rukundo mu mwaka wa 2020, baza kurushinga mu 2022.
