Dushobora kongera kubona ihangana rya Cristiano Ronaldo na Lionnel Messi muri shampiyona imwe

Dushobora kongera kubona ihangana rya Cristiano Ronaldo na Lionnel Messi muri shampiyona imwe

 Jul 7, 2025 - 12:29

Ikipe ya Al-Ahli Saudi FC yo muri Arabie Saoudite yatangiye igerageza ryo gusinyisha Umunya-Argentine Lionnel Messi uri gusoza amasezerano mu ikipe ya Inter Miami muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ibi bigatanga icyizere cy'uko hashobora kongera kubaho guhanganira igikombe cya shampiona na Messi.

Lionnel Messi yageze muri Amerika mu mwaka 2023, amasezerano ye akaba azarangirana na tariki 30 Ukuboza 2025 ubwo shampiyona izaba igannye ku musozo wayo.

Lionnel Messi azakina igikombe cy'Isi cya 2026, ndetse ikipe ye y'igihugu yamaze kubona itike akaba yasinya amasezerano y'amezi atandatu muri Al-Ahli Saudi FC akazarangirana n'itangira ry'igikombe cy'Isi.

Shampiyona ya Arabie Saoudite (Saudi Pro League) ifite umugambi wo gukomeza kumenyekanisha iyi shampiyona bazanamo abakinnyi b'amazina akomeye nyuma ya Cristiano Ronaldo uri mu ikipe ya Al-Nassr FC.

Mu rwego rwo kugera kuri uyu mugambi, iyi shampiyona yashyizemo ingufu zose yongerera amasezerano Cristiano Ronaldo imuha amafaranga y'umurengera angana na €200m mu gihe cy'umwaka.

Lionnel Messi mu rugendo rwe rwa ruhago amaze kwinjiza ibitego 759 mu makipe yama-clubs yakiniye mu mikino 941, mu gihe mu ikipe y'igihugu ya Argentine amaze gutsinda ibitego 112 mu nshuro 191 yahamagawe.

Lionnel Messi zakina igikombe cy'Isi cya 2026 na Argentine 

Lionnel Messi amaze gutwara Ballon d'Or umunani mu mateka ye ya ruhago