Crystal Palace ntigikabije inzozi zo gukina UEFA Europa League

Crystal Palace ntigikabije inzozi zo gukina UEFA Europa League

 Jul 11, 2025 - 19:11

Ikipe ya Crystal Palace yo mu Bwongereza yakuwemuri Europa League n’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’u Burayi, UEFA, kubera kurenga ku mategeko agenga ibijyanye no kugira imigabane mu makipe menshi (multi-club ownership).

UEFA yafashe iki cyemezo nyuma yo gusanga John Textor, umwe mu banyamigabane bakomeye ba Crystal Palace, afite imigabane inagamije inyungu no mu ikipe ya Lyon yo mu Bufaransa, bityo bikabangamira ihame ryo kuba amakipe ahuje abaherwe adashobora guhurira mu irushanwa rimwe.

Crystal Palace yari yabonye itike ya Europa League nyuma yo kwegukana igikombe cy’u Bwongereza, FA Cup, mu gihe Lyon yo yari yarabonye iyo tike ibikesha umwanya yabonye muri shampiyona y’u Bufaransa (Ligue 1). Nyamara, UEFA yemeje ko Crystal Palace itemerewe kwitabira iri rushanwa, mu gihe Lyon yo yabyemerewe.

Iyi nkuru kandi yateye impinduka zikomeye, aho Nottingham Forest, imwe mu makipe ya Premier League, yitezweho gusimbura Crystal Palace muri iryo rushanwa rya kabiri rikomeye muri UEFA nyuma ya Champions League.

Ubuyobozi bwa Crystal Palace buracyafite amahirwe yo kujuririra iki cyemezo mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubujurire ku mikino (Court of Arbitration for Sport), nk’uko biteganywa n’amategeko agenga UEFA.

Iyi nkuru mbi kuri Crystal Palace yongeye kuzamura impaka ku bijyanye n’uko amakipe y’abantu bafite imigabane mu makipe yo mu bihugu bitandukanye ashobora kubangamira ubusugire bw’amarushanwa mpuzamahanga.