Ibi byabaye ubwo Paul Pogba yari mu mukino wa champions league baherutse gutsindwamo na Atletico Madrid, ndetse avuga ko mu rugo hari abana be babiri na nyogokuru wabo, aho Pogba avuga ko byamukozeho cyane.
Paul Pogba aganira na Le Figalo yagize ati:"Meze neza, n'umuryango wange ni uko. Nagize icyumweru gitangaje cyane, mu mukino wa champions league ubwo namenye ko ntaribukine, nasubira mu rugo nkamenya ko nibwe nyuma y'uko abantu batatu binjiye bakiba agasanduku(safe).
"Hari harimo imirimbo ya mama wange, umudari wange w'igikombe cy'isi...icyanteye ubwoba cyane nuko abana bange bari mu rugo bari kumwe na nyirakuru ubwo ibyo byabaga. Yumvise ibintu byose[Mama we], ahamagara abashinzwe umutekano, ubundi we n'abana bikingirana mu cyumba.
"Iminsi yakurikiyeho [Mama] yari yarahungabanye. Icy'ingenzi muri byose nuko abana bange bameze neza."
Paul Pogba yari umwe mu bakinnyi ngenderwaho mu ikipe y'igihugu y'Ubufaransa yatwaye igikombe cy'isi mu 2018, ndetse yakinnye imikino itandatu mu mikino irindwi bakinnye abasha no gutsinda igitego mu bitego 4-2 Ubufaransa bwatsinze Croatia ku mukino wa nyuma.
Paul Pogba yibwe umudari w'igikombe cy'isi(Net-photo)
