Amber Rose, nk'umwe mu bantu bitabiriye ibirori byinshi byategurwaga n’umuraperi P. Diddy, yavuze ko nubwo ibihuha byinshi byakwirakwijwe ku ku mabi yaberaga muri ibyo birori, we atigeze abibona.
Amber Rose yongeyeho ko ibirori byose yagiye ajyamo, yabaga arimo kubona Diddy imbere ye kuko yari we musangiza w’amagambo(MC).
Amber Rose avuga ko nta hohotera yigeze abona mu birori bya P. Diddy nk'uko bivugwa
Icyako, Amber Rose yemeye ko Diddy kuri ubu ukurikiranyweho ibyaha byinshi byo gusambanya ku gahato ndetse n’ubucuruzi butemewe, ari umuntu wakoze ihohotera kubera amashusho yagaragayemo akubita uwahoze ari umukunzi we, Cassie.
