Ten hag ntazatoza umukino wa Manchester United ukurikira

Ten hag ntazatoza umukino wa Manchester United ukurikira

 Nov 12, 2023 - 21:33

Umutoza wa Manchester United Erik Ten Hag yahagaritswe kubera ikibazo cy'amakarita yeretswe kubera imyitwarire itari myiza ku kibuga.

Umuhorandi Erik Ten Hag ntabwo azatoza umukino wa Manchester United ukurikira bitewe n'ikarita y'umuhondo yeretswe ubwo yagaragazaga kutishimira ibyemezo by'abasifuzi mu mukino iyi kipe yatsinzemo Luton Town 1-0.

Ibi byahuriranye n'impinduka zakozww muri Premier League mu mpeshyi aho byasabaga amakarita ane y'umuhondo kugira ngo umutoza abe yahagarikwa umukino, ariko kuri ubu itegeko rivuga ko umutoza weretswe amakarita atatu y'umuhondo asiba umukino ukurikiyeho.

Ibi bivuze ko umukino ikipe ya Manchester United izakinamo na Everton tariki 26 Ugushyingo 2023 ubwo shampiyona zizaba zisubukuwe, uyu mutoza w'umuhorandi ntabwo azemererwa kuwutoza.

Gutsinda uyu mukino wa Luton Town byabaye nk'ibigabanya igitutu kuri Erik Ten Hag wari uherutse gutsindwa na Copenhagen muri Champions League, ibitekerezo bikaba bikomee kuba byinshi i Manchester hibazwa niba yakwerekwa umuryango.

Ten Hag yujuje amakarita atatu y'umuhondo