Iyo raporo ivuga ko umuryango wa Musk umaze imyaka myinshi ufite impungenge ku myitwarire ya Errol, ndetse ko byagize n’ingaruka ku mibanire ye n’abana be.
Byongeye, inzego z’ubutabera zakoze nibura iperereza gatutu kuri ibyo birego, aho inshuro ebyiri muri zo byarangiye nta kirego gikurikiranywe, ariko bigasiga ibibazo byinshi bitarasobanuka.
Errol Musk we yahakanye ibyo ashinjwa byose, abigaragaza nk'ibinyoma cyangwa kugerageza kumuharabika, ashimangira ko nta shingiro bifite.
Ibi birego bishya byiyongera ku mateka y’umubano udahwitse hagati ya Errol n’abana be, cyane cyane Elon Musk, umaze imyaka myinshi atumvikana na se ndetse akenshi akagaragaza ko atamufata nk’icyitegererezo n'ubwo ari umubyiyi we.
Errol Musk afite arashinjwa ibyaha bikomeye birimo guhohotera abana be
Elon Musk ntavuga rumwe na se ashinja kutaba inyangamugayo
