Real Madrid yanditse amateka yo kwinjiza amafaranga menshi mu mwaka w’imari wa 2024/25

Real Madrid yanditse amateka yo kwinjiza amafaranga menshi mu mwaka w’imari wa 2024/25

 Jul 17, 2025 - 20:58

Ikipe ya Real Madrid yatangaje raporo y’imari y’umwaka wa 2024/25, igaragaza ko yinjiye amafaranga angana na miliyari 1.185 z’amayero (hatabariwemo amafaranga avuye mu kugurisha abakinnyi).

Ibi ni ubwiyongere bwa 10% ugereranyije n’umwaka wabanje, bityo ikaba ibaye ikipe ya mbere ku isi mu kwinjiza amafaranga menshi mu mwaka umwe w’imari.

Uretse ayo mafaranga yinjijwe, iyi kipe y’i Madrid yagaragaje ko ifite umutungo rusange (net equity) wa miliyoni 598 z’amayero, amafaranga abitse mu isanduku angana na miliyoni 166, ndetse n’umwenda mbumbe wa miliyoni 12 z’amayero gusa, umubare uri hafi cyane ya miliyoni 8 zagaragajwe mu mwaka wabanje.

Real Madrid yashoje uwo mwaka w’imari n’inyungu ya miliyoni 24 z’amayero nyuma yo gukuramo imisoro, ikaba yiyongereyeho miliyoni 9 ugereranyije n’umwaka wa 2023/24, ni ukuvuga izamuka rya 56%.

Mu gusobanura impamvu umwenda wa miliyoni 12 utagabanutse cyane, raporo yerekana ko ikipe yashoboye guhuza ishoramari ryayo n’amafaranga yinjizaga. Ishoramari ryose ryageze kuri miliyoni 194 z’amayero, harimo iryagiye mu bikorwa remezo (havuyemo inyubako ya sitade ya Santiago Bernabéu), ndetse no kugura abakinnyi bashya.

Raporo inagaragaza ko bamwe mu bakinnyi baguzwe mbere y’igihe kugira ngo ikipe yitegure neza Igikombe cy’Isi cy’Amakipe (FIFA Club World Cup) kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu 2025, ari yo mpamvu amafaranga yo kubagura yashyizwe mu mibare y’umwaka w’imari wa 2024/25.

Ibi byose byerekana imikorere inoze ya Real Madrid mu bijyanye n’imari, ikaba ikomeje kwihagararaho neza mu ruhando rw’amakipe akomeye ku isi, haba mu kibuga no hanze yacyo.

Real Madrid yakoze amateka yo kwinjiza amafaranga menshi mu mwaka umwe w'imari

Real Madrid yinjije arenga miliyari y'amayero mu mwaka umwe w'imari