Rafael York yerekanye ko yavunitse nyuma yo kwikomwa n’umutoza w'Amavubi

Rafael York yerekanye ko yavunitse nyuma yo kwikomwa n’umutoza w'Amavubi

 Jun 5, 2025 - 12:18

Nyuma y’amagambo yatangajwe n’umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Adel Amrouche, avuga ko Abanyarwanda bakwiye kwibagirwa ibyo gukinirwa na Rafael York na Hakim Sahabo kuko adakunda umukinnyi urutisha igihugu amafaranga, Rafael York asa n’uwamunyomoje mu buryo butaziguye.

Rafael York, wamenyekanye cyane mu makipe yo muri Swedeb nka IFK Värnamo, Sandvikens IF, Kalmar FF, AFC Eskilstuna na Gefle IF, yashyize hanze amafoto yerekana ko yavunitse, asa n’uhinyuza ibyavuzwe ko yanze kwitabira ubutumire bwa Amavubi nta mpamvu ifatika yatangaje.

Mu mafoto yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze, York agaragara arimo gucumbagira ndetse arimo kugendera ku mbago, ibintu benshi nyine bafashe nk’ubusobanuro bw’impamvu ataje gukinira ikipe y’igihugu.

Ibi bibaye nyuma y’uko umutoza Amrouche atangarije ko abakinnyi bamwe, barimo York na Sahabo, badashyira imbere igihugu, ahubwo bagashingira ku nyungu zabo bwite, cyane cyane iz’amafaranga.

Iyi nkuru yakomeje gukurura impaka ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bashyigikira umutoza bavuga ko abakinnyi bakwiye gukunda igihugu, abandi bakavuga ko bidakwiriye kunenga umukinnyi utarabanje kumenya neza impamvu yo kutitabira, cyane cyane ko impamvu ishobora kuba uburwayi.

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi yikomye abakinnyi barimo Hakim Sahabo

Rafael York yari yanenzwe n'umutoza ko dakunda ikipe y'igihugu

Rafael York yagaragaje ko yavunitse nyuma yo gushinjwa ko yanze kwitabira ubutumire bw'ikipe y'igihugu