Olamide yahishuye ibanga rimushoboje kuba uwo ari we uyu munsi

Olamide yahishuye ibanga rimushoboje kuba uwo ari we uyu munsi

 Oct 30, 2025 - 22:41

Umuraperi w’icyamamare wo muri Nijeriya, Olamide Adedeji uzwi cyane ku izina rya Olamide, yatangaje ko kimwe mu byamufashije kuramba no kuguma ku isonga mu muziki ari uko amenya abo aririmbira kandi akabyitaho.

Mu kiganiro yagiranye na BBC Radio 1Xtra, umuhanzi w’inyenyeri uzwi mu ndirimbo ye “Local Rapper”, yavuze ko adashishikajwe no gushaka ishimwe mpuzamahanga, ahubwo ko yishimira kuba ari umuhanzi w’indirimbo z’umwimerere z’abanya-Nigeria.

Olamide yavuze ko atigeze atekereza guhindura injyana cyangwa uburyo aririmbamo ngo yegere abakunzi b’umuziki bo mu Burengerazuba bw’Isi, kuko icy’ingenzi kuri we ari ukuguma kuba uwo ari we.

Yagize ati:“Ugomba kumenya abo uririmbira. Ukimara kubamenya, isi yose izagakurikirana mu gihe gikwiye. Nanjye ngomba kuguma kuba uwo ndi we, aho ari ho hose, mu bihe byose."

Yakomeje agira ati:“Nishimira uko ndi. Ndi umusore wo muri Nigeria, ndi umuYoruba, mfite H-Factor kandi ndabikunda. Ugomba kuguma kuba uwo uri we.”

Olamide, umwe mu baraperi bafashije kuzamura injyana ya Afro-rap muri Afurika, akomeje gufatwa nk’intangarugero mu kurinda umwimerere w’umuziki w’abanya-Nigeria, ndetse n’abandi bahanzi bakiri bato bakamwigiraho kudahindurwa n’icyo isi ibatekerezaho.