Leta ya Afghanistan yirukanye mu kazi abagabo babarirwa mu magana bazira kutagira ubwanwa, nkuko amategeko ya Afghanistan abitegeka.
Umuyobozi ushinzwe igenamigambi n’amategeko muri minisiteri ishinzwe gukwirakwiza ikiza no kurwanya ikibi mu mujyi wa Kalibul, Mohibullah Mokhlis, aganira n’itangazamakuru Yagize ati: “ abantu 281 bakoraga mu nzego za leta batari bafite ubwanwa baramenyekanye, maze hemezwa ko bagomba kwirukanwa, ni mu mezi 12 ashize”.
Uyu muyobozi yakomeje agira ati: “Abandi barenze ku itegeko rigena imyiyogosheshereze boherejwe mu nkiko za gisirikare.”
Muri icyo gihugu, abasirikare batetswe kwiyogoshesha amoko y’inyogosho 450 kugira ngo bubahirize itegeko rya mujahideen n’amategeko ya Sheria.
Leta ya Afghanistan iheruka gutegeka abogoshi bo muri icyo gihugu kutigera kogogosha cyangwa bagabanya ubwanwa bw’abakiriya babo, bavuga ko iryo tegeko ryubahirije amategeko ya Sheria.
Sheria ni itegeko ritegeka abagabo b’abayisilamu kugira ubwanwa burebure muri Afghanistan.
