MLS yafatiye ibihano Messi na Jordi Alba baherutse gutererana bagenzi babo

MLS yafatiye ibihano Messi na Jordi Alba baherutse gutererana bagenzi babo

 Jul 25, 2025 - 20:28

Ikipe ya Inter Miami igiye guhura n’akazi gakomeye mu mukino ukomeye uza kuyihuza na FC Cincinnati mu rukerera, kuko iza kuba idafite abakinnyi bayo b’ingenzi, Lionel Messi na Jordi Alba, bahagaritswe na shampiyona ya Major League Soccer (MLS).

Ibi bibaye nyuma y’uko aba bakinnyi bombi basibye umukino w’intoranywa (All-Star Game) bakinnye muri iki cyumweru, batabiherewe uburenganzira bwemewe n’ubuyobozi bwa shampiyona.

Umuvugizi wa MLS yemeje ko Inter Miami yari yabamenyesheje ko Messi na Alba bataboneka muri uyu mukino, ariko kubera ko nta mpamvu y’uburwayi yemewe yigeze itangwa, amategeko y’iyi shampiyona yahise ashyirwa mu bikorwa, maze bahabwa igihano cyo kudakina umukino umwe wa shampiyona.

Itangazo rya MLS riragira riti: ‘Jordi Alba na Lionel Messi b’ikipe ya Inter Miami CF ntibazaboneka mu mukino ikipe yabo izakina na FC Cincinnati ku wa Gatandatu, tariki ya 26 Nyakanga, kubera ko batitabiriye umukino w’intoranywa wa Major League Soccer w’iki cyumweru. Nk’uko amategeko ya shampiyona abiteganya, umukinnyi wese utitabiriye uyu mukino atabiherewe uburenganzira n’ubuyobozi bwa shampiyona, ntaba yemerewe gukina umukino ukurikiraho w’ikipe ye.’”

Amategeko ya MLS asaba ko buri mukinnyi uhamagariwe mu ikipe y’intoranywa agomba kwitabira uyu mukino n’ibindi bikorwa biwubanziriza, keretse iyo atanze impamvu z’uburwayi zemewe n’ubuyobozi bwa shampiyona, bitaba ibyo agahanishwa guhagarikwa umukino umwe.

Messi na Alba ntabwo basibye umukino nyir’izina gusa, ahubwo ntibanitabiriye ibiganiro n’itangazamakuru ndetse n’irushanwa ry’ubuhanga rikorwa mbere y’umukino, bityo bikaba byarashyize Inter Miami mu kaga ko gukina umukino ukomeye idafite bamwe mu nkingi za mwamba zayo.

Messi na Jordi Alba banze kwitabira umukino bagenzi babo bakinnyemo n'intoranywa za shampiyona ya Mexico (Liga MX)

Lionel Messi na Jordi Alba bahanwe