Kuri iki cyumweru nibwo muri Premier league hari hateganyijwe umukino ukomeye wahuje ikipe ya Chelsea yari yakiriye ikipe ya Liverpool i Stamford Bridge.
Uyu wari umukino wa nyuma Sadio Mane akiniye Liverpool mbere y'uko afata inzira agasanga abandi basore bagize ikipe y'igihugu ya Senegal bagakomeza kwitegura CAN igiye kubera muri Cameroon.
Sadio Mane yabashije kubonera Liverpool igitego cya mbere ku munota wa kenda gusa nyuma y'amakosa yari akozwe na myugariro Trevoh Chalobah akananirwa gukiza izamu rye neza.
Gusa n'ubwo Sadio Mane yitwaye neza muri uyu mukino, ku ntangiro zawo yatangiye akora ibara atungura benshi bari bamuhanze amaso yaba abafana be n'abakunzi ba ruhago muri rusange.
Nyuma y'amasegonda ikenda gusa umukino utangiye, Sadio Mane yahise akorera ikosa Cesar Azpilicueta amukubita ukuboko mu maso ubwo yageragezaga gukina umupira muremure yari ahawe.
Hari benshi batekereje ko Sadio Mane yaba agiye guhita yerekwa ikarita itukura ariko siko byagenze. Ku isegonda rya 15 umusifuzi Antony Taylor yahise yereka Sadio Mane ikarita y'umuhondo.
Opta yemeje ko iyi karita y'umuhondo yeretswe Sadio Mane ariyo karita yihuse kuva batangira kwandika uduhigo twa Premier league mu mwaka w'imikino wa 2006/2007.
Abantu batandukanye bakurikiye uyu mukino bagiye bavuga ko Sadio Mane yari akwiye kuba yeretswe ikarita itukura agahita asohoka mu kibuga umukino ugitangira.
Mu karuhuko k'igice cya mbere, Jimmy Floyd Hasselbaink wakiniye Chelsea yabwiye Sky sports ati:"Kuri nge nabonaga ari ikarita itukura rwose.
"Azi neza ibyo ari gukora. Ni inkokora. Ndatekereza ko niba utanze ikarita y'umuhondo yagakwiye kuba ikarita itukura."
Liverpool yayoboye umukino ku munota wa kenda nyuma y'igitego cya Sadio Mane ndetse Mohamed Salah aza gutsinda icya kabiri.
Gusa Chelsea nayo yashoboye kwihagararaho yishyura ibyo bitego byose mbere y'uko igice cya mbere kirangira. Gusa amakipe yombi yagerageje gushaka igitego k'intsinzi kirabura.
Abafana ba Chelsea bababajwe bikomeye n'ukuntu Sadio Mane ateretswe ikarita itukura ngo asohoke mu kibuga.
Umufana umwe yanditse kuri twitter ati:"Mane yatsinze kandi ataranakwiriye kuba akiri mu kibuga."
Undi ati:"Iriya yagakwiye kuba ikarita itukura kuri Sadio Mane. Hariya ni amahiwe yakoze."
Nyuma y'uyu mukino kandi Sadio Mane na mugenzi we Edouard Mendy ukinira Chelsea bahise bafata rutemikirere aho basanze bagenzi babo b'ikipe y'igihugu ya Senegal aho bari kwitegura igikombe cya Afurika.
Si abo gusa kandi kuko na Mohamed Salah agomba kwerekeza muri Misiri ndetse na Naby Keita akaba asanga bagenzi be i Kigali.
Hashize amasegonda ikenda gusa Mane yakubise Azpilicueta inkokora(Image:Daily mail)
Mane yeretswe ikarita y'umuhondo hashize amasegonda 15(Net-photo)
Sadio Mane yaboneye Liverpool igitego cya mbere(Net-photo)
Sadio Mane na Edouard Mendy berekeza muri Senegal(Net-photo)
