Imirwano ikarishye ikomeje kubera muri Congo-Kinshasa hagati y'ingabo z'iki gihugu FARDC ndetse n'umutwe witwaje intwaro wa M23 mu Ntara ya Kivu y'Amajyaruguru irarimbanyije magingo aya.
Kuri uyu wa Kabiri, amakuru aravuga ko umutwe wa M23 wigaruriye agace ka Kikuvo kari muri Teritwari ya Lubero mu ntara ya Kivu y'Amajyaruguru nyuma yo gutsinda umutwe wa Wazalendo ushyigikiwe na Leta.
Iyi mirwano ikaba yarabaye nyuma y'uko umutwe wa Wazalendo ari wo wari wabanje kugaba ibitero kuri M23 mu gace ka Kirumba gaherereye muri Teritwari ya Lubero.
Umugi wa Kikuvo uherereye mu bilimetero 30 mu burasirazuba bw'Umugi wa Kanyabayonga M23 yigaruriye mu minsi yashize.
Imirwano yo kuri uyu wa Kabiri kandi, ije nyuma y'agahenge kari kumvikanweho hagati ya Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga w'u Rwanda n'uwa Congo-Kinshasa nubwo M23 yavuze ko ibyo biganiro itabyitayeho kuko itatumiwe
