Igikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro ibitaramo bya Move Afrika, cyabaye ku mugoroba w’ejo i Kigali, cyatanze itandukaniro ku bindi bitaramo.
Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, yeretswe urukundo rwinshi n'abari bitabiriye igitaramo
Abaturage bari bakubise BK Arena buzuye, bitabiriye iki gitaramo cya Move Afrika Afrika, bagize ijoro ridasanzwe ry’umuziki, umuco, n’ubuvugizi byatumye benshi bavuga ko mu myidagaduro yo muri Afurika y’Iburasirazuba, iki gitaramo ari kimwe mu bizibukwa mu minsi iri mbere, muri iyi gahunda nshya y’ibitaramo bizenguruka Afurika, ariko bikanatumirwamo abahanzi mpuzamahanga.
Ibi birori byataguwe n’umuryango mpuzamahanga Global Citizen hamwe na pgLang, n’ikigo cy’iterambere mu Rwanda RDB. Igitaramo cyo kubitangiza cyabereye mu Rwanda, cyagaragayemo umuraperi Kendrick Lamar, ndetse kigaragaramo abandi abahanzi nyafurika ndetse n’abandi bantu batandukanye mu myidagaduro nyafurika.
Bruce Melodie Abanyarwanda bamweretse ko bamukunda
Umuhanzi w’Umunyarwanda Bruce Melodie, ni we wabimburiye abandi bahanzi, maze ahanyurana umucyo abinyujije mu ndirimbo ze zakunzwe nka “Katerina”, “When She’s Around” na “Henzapu”.
Umusizi w'Umunyawanda, Fred Mfuranzima, na we yasusurukije abari muri BK Arena abinyujije mu gisigo cye yise, “Unstoppable Sea”.
Nyakubahwa Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ubwo yatangizaga ku mugaragaro iki gitaramo yagize ati: “Hari ibintu byinshi dushobora gukemurira hamwe. Dukoreye hamwe, umugabane wacu wakomera kandi ukabasha gukemura ibibazo byinshi duhura na byo. Twiteguye kwakira abaturage baturutse mu mpande zitandukanya ku isi buri mwaka, hano muri Kigali, binyuze muri Move Afrika.
Ndizera mwiyumvise nk'abari mu rugo, mwese, kandi nizeye ko tuzongera kukubona mu minsi ya vuba.“
Zuchu yanyeganyeje urubyiniro muri BK Arena
Tugarutse ku bahanzi, umuhanzikazi wo mu gihugu cya Tanzania, Zuchu, na we yanyeganyeje urubyiniro, abinyujije mu ndirimbo ze zikunzwe zirimo “Kwikwi”, “Honey” na ““Utaniua”.
Umubyinnyijazi w’Umunyarwanda, Sherrie Silver, na we yongeye guhagurutsa BK Arena, akoresheje abaririmbyi, ndetse n'ababyinnyi bakiri bato barenga 40 baturutse muri Sherrie Silver Foundation, na bo imbino zabo ntizizibagirana.
Ariel Wayz yatunguranye azana ku rubyiniro Kivumbi King na Bruce The 1st
Si abo gusa kandi, kuko DJ TOXXYK na Ariel Wayz bafatanyije mu ndirimbo zitandukanya, nka “Tattoo’ na “You Should Know', maze nyuma Ariel Wayz aza gutungura bari muri BK Arena, ubwo yahamagaraga abaraperi babiri bo mu Rwanda Kivumbi King na Bruce The 1st ngo bamufashe kuririmba indirimbo “Demo” bakoranye.
Kendrick Lamar yasusurukije Abanyarwanda nkuko bari babyiteze
Umuhanzi wari utegerejwe kurusha abandi ni Kendrick Lamar, waje kuza ku rubyiniro azanye imbaga nyinshi, maze akaririmbira Abanyarwanda indirimbo ze nyinshi, yibanda ku zikunzwe kurusha izindi.
