Ibyo Antonio Rüdiger yatangaje FIFA igiye kubikoraho iperereza

Ibyo Antonio Rüdiger yatangaje FIFA igiye kubikoraho iperereza

 Jun 23, 2025 - 17:03

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru ku Isi, FIFA, yatangiye gukora iperereza ku byo myugariro w'Umudage, Antonio Rüdiger yatangaje bijyanye no kuba yarakorewe ivangura rishingiye ku ruhu ku mukino wa Pachuca.

Ibi byabaye mu mukino wa kabiri ku ikipe ya Real Madrid mu gikombe cy'Isi cy'Amakipe (Club World Cup 2025), aho yatsinze iyi Pachuca yo mu gihugu cya Mexique ibitego 3-1, bya Jude Bellingham, Arda Güler, na Federico Valverde.

Gustavo Daniel Cabral w'imyaka 39 ukekwaho iri vangura yahakanye ibyo ashinjwa, nubwo Antonio Rüdiger yagaragaye arakaye cyane ari kuvugana n'umusifuzi nyuma yo kuvugana n'uyu mukinnyi.

Cabral ati “Twagiranye intonganya, nuko ambwira ko namukubise n'ukuboko, nanjye ndamubwira nti ‘uri umuswa’ (mu rurimi rwo muri Argentine bavuga ‘cagón de mierda’), nicyo namubwiraga kenshi.”

Umutoza wa Madrid, Xabi Alonso, yemeje ko Rüdiger yavuze ko yakorewe ivangura. “Ni byo Rüdiger yavuze, kandi turamwizeye. Ni ingenzi kutihanganira ibintu nk'ibi."

Umutoza wa Pachuca, Jaime Lozano, yavuze ko ntacyo yari azi kuri icyo kibazo kugeza ubwo abibwiwe n’itangazamakuru.

Yagize ati “Sinabivugaho byinshi kuko ntabwo twabiganiriye mu rwambariro. Nzaganira na Cabral, ariko nzi uwo ari we, ntabwo ari umuntu ujya ukora ibintu nk’ibyo, ndetse no mu ikipe yacu nta mukinnyi n’umwe ujya avuga amagambo y’ivangura. Navuga ko nemera kapiteni wanjye 100%.”

Ivangura rishingiye ku ruhu ni ikintu gikunze kugaragara mu mupira w'amaguru, gusa byarahagurukiwe mu bihugu byose ndetse na FIFA ibihana yihanukiriye. 

Bihanishwa ihazabu $24 515.78, iminsi 10 kuzamura yo kutagaragara mu kibuga, gukina nta bafana cyangwa sitade irimo igice cy'abafana, no gukurwaho amanota kw'ikipe. Ibi ni ibihano by'ibanze iyo bisubiwemo biraremera.

Kapiteni wa Pachuca Gustavo Cabral yahakanye ibyo yavuzweho

Antonio Rüdiger avugwaho gusembura cyane bagenzi be  mu kibuga