Abanyamerika ntibagikozwa ibyo kunywa itabi

Abanyamerika ntibagikozwa ibyo kunywa itabi

 Aug 28, 2024 - 19:26

Ikoreshwa ry'itabi muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika ryagabanutse bikabije mu myaka 80 ishize ku buryo 18% ry'Abanyamerika nigeze kurinywa gusa ubu bakaba batagikozwa ibyo kunywa itabi.

Ubushakashatsi bwakozwe na Gallup buherutse kugaragaza ko kunywa itabi muri Amerika byagabanutse bikabije mu  myaka 80 ishize, aho Abanyamerika 11% bonyine ari bo banywa itabi.

Iri gabanuka rigaragara cyane mu rubyiruko ku buryo 18% by'abantu bafite hagati y'imyaka 18 na 29 bavuga ko bahisemo kureka kunywa itabi.

Icyakora n’ubwo ikoreshwa ry’itabi rihimbano ( E-cigarette) ryo rikomeje kwiyongera, gusa Abanyamerika benshi bo babona ko itabi risanzwe ndetse n’itabi rihimbano( E-cigarette) byose ari bibi, ku buryo 79% by'abantu bakuru bemeza neza ko itabi ryangiza ubuzima.