UEFA yavuze ko yashyizeho abagenzuzi b'imyitwarire kugira ngo bige kuri ibyo birego birimo uburyo aba bakinnyi bishimiyemo ibitego n'intsinzi(celebration) muri uwo mukino wabaye ku ya 12 Werurwe, ibirego kandi binareba Antonio Rüdiger na Dani Ceballos.
Kylian Mbappe yishimiye intsinzi afata aherekeye ku bugabo bwe kandi bitemewe
Icyakora, ibyo bije nyuma y'amashusho akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga yerekana Mbappé afata aherekera ku bugabo bwe, nyuma y'uko Real Madrid yari imaze gusezerera Atletico Madrid kuri penariti.
Amakuru avuga ko Rüdiger na we akuriranyweho ibijyanye n'uburyo yishimiye intsinzi
Mu gihe umwe cyangwa bose bahamwa n'ibyo bakurikiranyweho, byatuma basiba umukino wa 1/4 muri UEFA Champions League uzahuza Real Madrid na Arsenal ku ya 8 Mata.
Vinicius Jr na we arimo gukorwaho iperereza
Kimwe na Dani Ceballos
