Abakinnyi ba Real Madrid bari mu mazi abira

Abakinnyi ba Real Madrid bari mu mazi abira

 Mar 27, 2025 - 19:06

Uyu munsi, UEFA yatangaje ko abakinnyi bane ba Real Madrid barimo Kylian Mbappé na Vinícius Júnior barimo gukurikiranwa kubera imyitwarire idahwitse yabaranze mu mukino wa UEFA Champions League wabahuje na Atletico Madrid.

UEFA yavuze ko yashyizeho abagenzuzi b'imyitwarire kugira ngo bige kuri ibyo birego birimo uburyo aba bakinnyi bishimiyemo ibitego n'intsinzi(celebration) muri uwo mukino wabaye ku ya 12 Werurwe, ibirego kandi binareba Antonio Rüdiger na Dani Ceballos.

Kylian Mbappe yishimiye intsinzi afata aherekeye ku bugabo bwe kandi bitemewe

Icyakora, ibyo bije nyuma y'amashusho akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga yerekana Mbappé afata aherekera ku bugabo bwe, nyuma y'uko Real Madrid yari imaze gusezerera Atletico Madrid kuri penariti.

Amakuru avuga ko Rüdiger na we akuriranyweho ibijyanye n'uburyo yishimiye intsinzi

Mu gihe umwe cyangwa bose bahamwa n'ibyo bakurikiranyweho, byatuma basiba umukino wa 1/4 muri UEFA Champions League uzahuza Real Madrid na Arsenal ku ya 8 Mata.

Vinicius Jr na we arimo gukorwaho iperereza

Kimwe na Dani Ceballos