N'ubwo hari amakipe menshi yifuza Erling Haaland yiganjemo ayo mu Bwongereza, ubu biravugwa ko ikipe ya Real Madrid ariyo kipe iri imbere cyane muri urwo rugamba.
Ikinyamakuru SPORT kiratangaza ko abahagarariye Erling Haaland baganiriye na Real Madrid ndetse iyi kipe ikaba yaramaze kubagezaho ibyo yifuza guha uyu rutahizamu w'umunya-Norway.
Uyu rutahizamu wa Borussia Dortmund umu-agent we ni Mino Raiola ndetse bivugwa ko yahuriye n'abahagarariye Real madrid mu Bufaransa mu mujyi wa Monaco kandi ibiganiro hagati yabo bikagenda neza.
Aya ni amakuru atari meza ku makipe nka Manchester United, Chelsea na Manchester City zose zo mu Bwongereza zishaka uyu rutahizamu, ariko akaba yenda kumvikana na Real Madrid.
Manchester City itozwa na Pep Guardiola niyo byavugwaga cyane ko ifite amahirweo yo kwegukana Erling Haaland dore ko na se yakiniye iyi kipe mu myaka yashize.
Mukeba wayo Manchester United nayo ifite ikizere ko yamwegukana dore ko ajya no kujya muri Borussia Dortmund, iyi kipe yamukozagaho imitwe y'intoki ariko bikarangira yerekeje mu Budage.
Ku rundi ruhande abegereye Erling Haaland bavuga ko uyu musore we yaba yifuza gukina muri shampiyona ya La liga santander muri Espagne.
Real Madrid ishaka kuzana rutahizamu Erling Haaland nyuma y'uko bivugwa ko na Kylian Mbappe bisa n'ibyarangiye arindiriye gusoza amasezerano ye muri PSG gusa.
Ku ruhande rwa Kylian Mbappe we avuga ko atari yafata umwanzuro w'ikipe azerekezamo mu mpeshyi ubwo azaba asoje amasezerano muri PSG.
Real Madrid iyoboye amakipe ashobora kwegukana Erling Haaland(Image:The Times)
