Pierre-Emerick Aubameyang yavuze agahinda yatewe no kuva muri Arsenal

Pierre-Emerick Aubameyang yavuze agahinda yatewe no kuva muri Arsenal

 Feb 2, 2022 - 05:10

Rutahizamu Pierre-Emerick uherutse kujya muri FC Barcelona yatangaje ko yababajwe n'uburyo yavuye mu ikipe ya Arsenal.

Nyuma y'uko Pierre-Emerick Aubameyang avuye muri Arsenal akerekeza muri FC Barcelona, yagize icyo avuga ndetse abwira abafana ba Arsenal ko ava mu ikipe bihebeye yababaye.

Ibya Aubameyang muri FC Barcelona byarangiye ku munsi wa nyuma w'isoko ry'igura n'igurisha, ndetse bikagaragara ko Aubameyang yashyizemo imbaraga nyinshi kugira ngo birangire.

Kuva mu ntangiro z'Ukuboza muri 2021, Pierre-Emerick Aubameyang ntiyongeye kugaragara mu kibuga akinira Arsenal, ndetse n'umutoza Mikel Arteta yemeza ko yari yarahawe kubera kurenga ku mabwiriza.

N'ubwo hari abafana benshi bababajwe n'igenda rye, ariko abenshi bamwifurije ishya n'ihirwe mu rugendo agiye gukomereza muri Espagne mu mujyi wa Barcelona.

Ikipe ya Arsenal yagiye kuri twitter ishimira Aubameyang ariko we asubiza akoresheje emoji imwe gusa. Ibi byateye abafana benshi gutekereza ko uyu munya-Gabon yaba yari yararambiwe muri Arsenal.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Aubameyang yashimiye abafana ba Arsenal ndetse avuga ko yababajwe n'ukuntu igihe cye cyarangiye muri Arsenal.

Aubameyang yagize ati:"Ku bafana ba Arsenal, mwarakoze kugira London mu rugo kuri nge n'umuryango wange mu myaka ine ishize.

"Twagize ibihe byiza n'ibibi turi kumwe kandi gushyigikirwa namwe bivuze buri kimwe kuri nge. Kugira amahirwe yo gutwara ibikombe no kuba kapiteni w'iyi kipe ni ibintu nzahorana mu mutima wange.

"Nahoraga niteguye ijana ku ijana gukorera iyi kipe buri kimwe nashobora, ni nayo mpamvu kugenda ntasezeye neza bimbabaza, ariko iyi ni ruhago.

"Ndababaye kuba ntarabashije gufasha bagenzi bange mu byumweru bishize, ariko ntakindi mfite usibye icyubahiro kuri iyi kipe no kuyifuriza intsinzi mu myaka izaza.

"Auba, ubakunda."

Pierre-Emerick yageze muri Arsenal mu 2018 ubwo yari avuye muri Borussia Dortmund yo mu Budage. 

N'ubwo Aubameyang avuye muri Arsenal ariko Mikel Arteta nta musimbura we yigeze abona. Yifuje Dusan Vlahovic ajya muri Juventus yo mu Butariyani, ndetse na Alexander Isak yifuzaga byarangiye agumye muri Real Sociedad.

Ikipe ya Arsenal igomba gukoresha Eddie Nketiah na Alexander Lacazette nka ba rutahizamu kugeza umwaka w'imikino urangiye bakareba ko babona undi.

Aubameyang yari amaze iminsi mu bihano muri Arsenal(Image:The mirror)

Aubameyang yerekeje muri FC Barcelona(Net-photo)