Umucamanza w’Ubuholandi yategetse umugabo ukora umwuga wo gutanga intanga, umaze kubyara byibuze abana 550, guhagarika kuzitanga.
Uyu mugabo yatanze intanga mu Buholandi no mu mahanga, harimo na banki y’intanga zo muri Danemarike Cryos, ariko anatanga intanga ze binyuze ku mbuga za interineti.
Yazitanze byibuze mu mavuriro 11 y’uburumbuke mu Buholandi, mu gihe buri muryango yahaga intanga yawubeshyaga ko atigeze atanga intanga ze ahandi kandi ko nta n’undi aza ziha. Muri 2017, byavumbuwe ko yari amaze kubyara abana 102 akoresheje ayo mavuriro.
Umucamanza yemeje ko uyu mugabo yabeshye nkana kugira ngo ababyeyi bamwemerere kubaha intanga, kandi azi neza ko batari kumuhitamo baramutse bamenye umubare w’abantu yari asanzwe afasha gusama.
Uyu mugabo yavuze ko akora mu nyungu z’abashaka kubyara, bashaka ko abafasha.
One mother and Stichting Donorkind, umuryango wari uhagarariye benshi mu bana babyawe n’uyu mugabo ndetse n’ababyeyi babo, bagannye urukiko mu Buholandi, basaba ko uyu mugabo yahagarikwa gutanga intanga, kandi ko intanga yari yaratanze na zo zitakongera gukoreshwa.
Urukiko rwagize ruti: “Ubu abo babyeyi bose bahuye n’ikibazo cyo kuba abana babo bagize umurongo munini w’abavandimwe, hamwe na barumuna na bashiki babo babarirwa mu magana.”
Umucamanza yabujije uyu mugabo kongera gutanga amasohoro ye, cyangwa kwiyamamaza nk’umuntu utanga intanga, anamutegeka gutangaza mu minsi irindwi niba yaratanze intanga ze mu yandi mavuriro menshi.
