Umukunzi wa Rayon Sports arayishyuza arenga miliyoni 35 Rwf

Umukunzi wa Rayon Sports arayishyuza arenga miliyoni 35 Rwf

 Jun 24, 2025 - 08:56

Umukunzi wa Rayon Sports uzwi cyane muri ruhago y'u Rwanda, Kanyabugabo Mohamed Hadji yatangaje ko iyi kipe imubereyemo arenga miliyoni 35 Rwf, ndetse ko yamaze gutanga ikirego .

Uyu mugabo yemeza ko aya amafaranga yayagurije Rayon Sports,  akemeza ko kandi  Perezida wa Rayon Sports Thadée Twagirayezu ayazi nk'uko yabitangarije Inyarwanda Tv.

Yagize ati "Rayon Sports ndi kuyishyuza miliyoni 35 zirengaho make. Nzi neza ko aya mafaranga Perezida Thadée ayazi, afite kuba mu mpapuro atagaragara ariko no mu mutima we ayo mafaranga arayazi."

Kanyabugabo yemeza ko ikibazo cye yamaze kugishyigikriza inzego zibishinzwe. Ati "ikibazo kiri mu nzego za leta kandi mfite icyizere ko Leta izagikemura."

Hadji Kanyabugabo yishyuje Rayon Sports nyuma y'uko na Munyakazi Sade mu minsi ishize yishyuzaga asaga miliyoni 80 Rwf, nubwo yakuriwe inzira ku murima.

Ibi byiyongeraho y'uko kugeza ubu iyi kipe imaze gusinyisha umukinnyi umwe, Musore Prince, mu gihe mu mpera z'uku kwezi iyi kipe igomba kuba yaramaze gutanga abakinnyi n'abatoza izakoresha mu mikino Nyafurika ya CAF Confederations Cup.

Hadji Kanyabugabo arishyuza Rayon Sports arenga Miliyoni 35 Rwf

Rayon Sports imaze gusinyisha umukinnyi umwe Prince Michel Musore