Ubutaka bwa Israel bukomeje guhindukizwa na bombe za Hamas

Ubutaka bwa Israel bukomeje guhindukizwa na bombe za Hamas

 Oct 9, 2023 - 23:17

Umunsi wa Gatatu urashize Israel itangijweho intambara n'umutwe wa Hamas wo muri Palestine aho benshi bamaze kuhagwa. Dore uko byifashe.

Intambara ya Israel n'umutwe wa Hamas wo muri Palestine ikomeje gukaza umurego mu Majyepfo ya Israel aho Hamas yagabye ibitero iturutse ndetse no mu Ntara ya Gaza yo muri Palestine aho Hamas ifite ibirindiro.

Magingo aya, Israel iremeza ko yarangije kugota intara ya Gaza yose aho uyu mutwe ufite ibirindiro, bakaba bemeza ko barangije gukupa amazi n'umuriro biherekeza, ndetse bikaba nta muntu wemerewe kuhava cyangwa kuherekeza.

Intambara muri Israel ikomeje guca ibintu

Israel iremeza ko kandi, bari gusuka amabombe mu bice binyuranye byo muri iyi Ntara, aho ahantu 500 bakeka ko hari ibirindiro bya Hamas harashwe n'indege z'intambara za Israel.

Kuri ubu, biremezwa ko abaturage ba Israel barenga 700 bamaze kwicwa, naho 400 bo muri Palestine nabo bapfuye. Ni mu gihe abarenga 123.000 bamaze kuvanwa mu byabo. Ku rundi ruhande, Israel iremeza ko abarwanyi ba Hamas barenga 550 bishwe.

Ni mu gihe kandi, uyu mutwe wafashe bugwate abantu barenga 100 mu Majyepfo ya Israel. Kuri ubu, biremezwa ko abaturage 9 ba Leta Zunze Ubumwe z'Amarika ari bo bamaze kugwa muri iyi ntambara.