Ku wa Gatandatu tariki ya 07 Ukwakira 2023, nibwo Igihugu cya Israel cyagabweho ibitero bitunguranye n'umutwe wa Hamas wo muri Palestine. Ako kanya Israel yahise itangaza ko yinjiye mu ntambara yeruye nuyu mutwe bemeza ko bagiye kwihorera mu buryo bukomeye cyane.
Ku bw'ibyo, Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Einat Weiss yasabye Abanyarwanda n'abatuye isi muri rusange kuba hafi y'Igihugu cyabo cyatangijweho intambara n'umutwe wa Hamas wo muri Palestine none amagana y'Abanya-Israel bakaba bakomeje kuhatikirira.
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Einat Weiss arasaba Abanyarwanda kuba hafi y'Igihugu cyabo
Ibi Ambasaderi Weiss akaba yabitangaje kuri iki Cyumweru ku rubuga rwa X rw'iyi Ambasade. Akaba yavuze ko abana, abagore, abasaza n'abandi b'inzirakarengane bari kwicwa n'ibyihebe byo muri Palestine ngo bidafite ikintu nakimwe birwanira uretse gushaka kwica gusa.
Ati " Turasaba Abanyarwanda n'isi kuvuga mu ijwi riranguruye bakamagana ibiri kutubaho, kandi bakatuba hafi muri ibi bihe by'amage." Kugeza ubu, Ingabo za Israel zirwanira mu kirere ziri kwihimurana ubugome bukabije kuri aba barwanyi, aho bari kugaba ibitero bikome mu Ntara ya Gaza Hamas ifitemo ibirindiro.
Magingo aya bikaba bitangazwa ko abantu barenga 1100 bamaze kwicwa, naho abarenga 123.000 bavuye mu byabo. Abantu bamaze gupfa, 700 nabo muri Israel naho 400 bakaba abo muri Palestine.
Israel iratakambira u Rwanda mu bihe barimo by'intambara.
— the choice_live (@thechoice_live) October 9, 2023
Soma inkuru irambuye kuri https://t.co/LHm4RwvDjJ pic.twitter.com/Q9XuKAoKgB
