Mu mpera z'icyumweru dusoje, nibwo igihugu cya Israel cyagabweho ibitero bitunguranye n'umutwe wa Hamas wo muri Palestine. Ako kanya Israel yahise itangaza ko yinjiye mu ntambara yeruye nuyu mutwe. Nubwo iki gihugu cyivugwaho kugira ubutasi buhambaye, ariko ntibwavumbuye ko Hamas igiye kubasukaho amatoni ya bombe amaze guhitana amagana.
Mu butumwa umuhanzi Michael Adeayo Olayinka uzwi nka Ruger muri Nigeria yacishije ku ruta rwe rwa Instagram, yavuze ko ibi bitero byagabwe agihaguruka ku kibuga cy'indege cya Tel Aviv we n'ikipe ye basubiye mu rugo aho bari bamaze gukora igitaramo cy'imbaturamugabo

Ruger arashima Imana ko Israel yatangijweho intambara afashe indege atashye
Mu magambo ye, uyu muhanzi akaba yumvikanye asaba yinginga ko amahoro yagaruka mu isi no muri Israel muri rusange, arangije asaba abantu gusengera inzirakarengane ziri kugwa muri iyi ntambara. Ati " Israel kuri ubu iri mu ntambara, ni ibintu bibaje cyane. Byatangiye nge n'ikipe yange ubwo twari tugihaguruka ku kibuga cy'indege i Tel Aviv dusubiye mu rugo."
" Kuri ubu ndashima Imana ko meza neza, ariko dukeneye amahoro aka kanya. Ntabwo dushaka ko inzirakarengane zikomeza kwicwa. Dukeneye kubaho mu mahoro no mu rukundo. Musengere Israel." Uyu musore nawe akaba yavuze ko arakomeza gusengera iki gihugu, ari nako yakomeje ibitaramo bizengura isi.

Intambara muri Israel iraca ibintu
Tugarutse gato ku ntambara ya Israel na Hamas, magingo aya bikaba bitangazwa ko abantu barenga 1100 bamaze kwicwa, naho abarenga 123.000 bavuye mu byabo. Abantu bamaze gupfa, 700 nabo muri Israel naho 400 bakaba abo muri Palestine.
Magingo aya imirwano irakaze muri Israel no mu Ntara ya Gaza aho Hamas ifite ibirindiro. Ejo Israel yavugaga ko imaze kwivugana aba barwanyi bagera kuri 232 ari nako imaze kugaba ibitero mu bice birenga 1000 muri Gaza mu buryo kwihorera.
