U Burusiya n'u Bushinwa ntibitabiriye ibiganiro byo guhosha intambara muri Ukraine

U Burusiya n'u Bushinwa ntibitabiriye ibiganiro byo guhosha intambara muri Ukraine

 Jun 15, 2024 - 17:16

Inkuru zikomeje kuba nyinshi nyuma y'uko mu bihugu birenga 100 byitabiriye ibiganiro byo guhagarika intambara y'u Burusiya na Ukraine, u Burusiya burebwa n'iyo ntambara butitabiriye hamwe n'u Bushinwa | Inama y'Ibihugu bikize ku Isi yashinje u Bushinwa gutera inkunga u Burusiya.

Kuri uyu wa Gatandatu mu Busuwisi hatangiye inama y'iminsi ibiri yahuriwemo n'Ibihugu birenga 100 biturutse mu bice by'Isi bitandukanye igamije guhagarika mu mahoro intambara ihangànishije u Burusiya na Ukraine.

Nubwo ibi biganiro byahuriwe n'Ibihugu byiganjemo ibitera inkunga Ukraine birimo Ubufaransa, Ubwongereza, USA, Canada, n'ibindi bihugu, ikiri kugarukwaho ni ukuntu u Burusiya n'u Bushinwa batitabiriye kandi ari Ibihugu by'ibihangange mu Isi byumwihariko u Burusiya bukaba burebwa n'ibyo biganiro, ibituma bemeza ko iyo nama ntacyo yageraho.

Perezida Zelensky yitabiriye ibiganiro byo mu Busuwisi bigamije guhagarika y'Igihugu cye n'u Burusiya 

U Burusiya bukaba butarigeze buhabwa ubutumire bwo kwitabira ibi biganiro, mu gihe u Bushinwa bwo bwanze kwitabira. Ku ruhande rwa Ukraine, Perezida Zelensky yavuze ko Igihugu cye kidashaka intambara, ahubwo ko u Burusiya ari bwo bushaka gushotorana.

Ku rundi ruhande, mu Butaliyani hateraniye inama ya G7 ihuza Ibihugu birindwi bikize kurusha ibindi mu Isi, aho muri iyi nama bavuze ko u Bushinwa bukomeje koherereza ubufasha u Burusiya mu ntambara ya Ukraine, aho bagaragaza ko hari ibikoresho byo mu nganda za gisirikare bohereza mu Burusiya.

U Bushinwa buri gihe bugaragaza ko ntaho bubogamiye muri iyi ntambara yinjiye mu mwaka wa Gatatu, ndetse mu mwaka washize basohoye ingingo 12 bumva zagenderwaho intambara igahagarara, gusa Ukraine n'abafatanyabikorwa bayo babiteye utwatsi, ndetse bagakomeza kugaragaza ko umubano wa Moscow na Beijing uteje ibyago.

Ba Perezida Xi Jinping na Vladimir Putin ntibitabiriye ibiganiro byo guhosha intambara muri Ukraine