Tomeka Thiam yasabye gatanya na Akon nyuma y’imyaka irenga 25 babana

Tomeka Thiam yasabye gatanya na Akon nyuma y’imyaka irenga 25 babana

 Sep 13, 2025 - 11:24

Umugore wa Akon, Tomeka Thiam, yatanze ibyangombwa bisaba gatanya mu rukiko, avuga ko bitagishoboka ko bakongera kwiyunga, nk’uko byatangajwe n’urubuga TMZ.

Abo bombi bivugwa ko bakoze ubukwe kuva ku wa 15 Nzeri 1996, bakaba bafitanye umwana w’imyaka 17,  Tomeka yasabye ko bazajya bafatanya kurere, gusa akaba ari we babana mu buzima bwa buri munsi, ndetse Akon akajya amufasha mu bijyanye n'amafaraga.

Yongeyeho ko urukiko rutagomba guha Akon uburenganzira bwo guhabwa amafaranga na make y'uyu mugore.

Aliaune Damala Badara Akon Thiam, akunze kugira ubuzima bwe bwite ibanga, yakunzwe kugaragaza mu buryo butaziguye ko afite abagore benshi.

Mu kiganiro yagiranye na Blender mu 2007, yavuze ko afite abana batanu, abahungu bane n’umukobwa umwe baturutse ku bagore batatu batandukanye, ndetse ko yashatse umwe muri bo.

Kugeza mu Ukuboza 2022, amakuru yari amaze kugaragaza ko yari afite abana icyenda.

Mu 2023, umugore umwe yatangaje ko ari umwe mu bagore bane ba Akon, baba mu mijyi ya Atlanta, Los Angeles ndetse no muri Afurika.

Tomeka Thiam, usaba gatanya, ni umwe mu bagore bake ba Akon bazwi ku mugaragaro, kuko bakoze ubukwe mu 1996.

Akon agiye gutandukana n'umugore we bari bamaranye imyaka 25