Sir Jim Ratcliffe yabaye ingabo irengera Ruben Amorim

Sir Jim Ratcliffe yabaye ingabo irengera Ruben Amorim

 Oct 9, 2025 - 11:43

Umuherwe w'ikipe ya Manchester United, Sir Jim Ratcliffe, yatangaje ko umutoza Ruben Amorim akeneye igihe kinini kugira ngo yerekane impinduka mu ikipe ye, aho avuga ko imyaka itatu ari yo ihagije kugira ngo agaragaze ubushobozi bwe nk’umutoza mukuru.

Amorim, ugiye kuzuza umwaka umwe atoza Manchester United, kugeza ubu ntiyabashije guha ibyishimo abafana, kuko ikipe iri ku mwanya wa 10 ku rutonde rwa shampiyona, ifite amanota atandatu inyuma ya Arsenal iyoboye urutonde.

Mu kiganiro yagiranye na The Business Podcast, Ratcliffe, ufite 25% by’imigabane muri Manchester United, yavuze ko abantu bakwiye kwihangana no guha Amorim umwanya uhagije wo kubaka ikipe.

Yagize ati:“Ntabwo Amorim yagize igihe cyiza kugeza ubu, ariko akeneye imyaka irenga itatu kugira ngo yerekane ko ari umutoza mwiza".

Yakomeje anenga uburyo ibitangazamakuru n’abafana bashaka ibisubizo byihuse.

Ati:“Itangazamakuru rimwe na rimwe sindyumva. Bashaka umusaruro w’ako kanya, bumva ko ari nko gucana itara. Ukanda urumuri rugahita ruza, ntabwo byose byahita biba byiza".

Sir Jim Ratcliffe amaze igihe gito abaye umwe mu banyamigabane bakomeye muri Manchester United, akaba akomeje kugaragaza ubushake bwo kubaka ikipe y’igihe kirekire, nubwo umusaruro utaranyura benshi mu bakunzi b’iyi kipe.

Sir Jim Ratcliffe afitiye ikizere Ruben Amorim