Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu, Senegal yakoze amateka akomeye yo kohereza icyogajuru cyayo cya mbere mu isanzure.
Senegal yabaye kimwe mu bihugu 12 byo muri Afurika bifite ubushobozi bwo kugenzura no gutumanaho hifashishijwe icyogajuru cyabo bwite.
Perezida w’iki gihugu Bassirou Diomaye Faye yavuze ko iki cyemezo kigaragaza intambwe ikomeye iganisha ku busugire bwa Senegal mu ikoranabuhanga.
Abinyujije kuri X, Perezida wa Senegal yashimiye umuntu wese wagize uruhare kugira ngo icyo gikorwa kigerweho.
Iki cyogajuru kitwa GAINDESAT-1A cyubatswe n’abenjeniyeri bo muri Senegal ku bufatanye n’ikigo gishinzwe ikirere muri kaminuza ya Montpellier mu Bufaransa.
Iki cyogajuru kizakoreshwa mu gukusanya amakuru ku bigo bitandukanye bya Leta birimo ibijyanye n’umutungo w’amazi, indege za gisivire, n’iteganyagihe.
