Intambara ihanganishije u Burusiya na Ukraine ishyigikiwe n'Uburengerazuba bw'Isi yahinduye uruhande, aho u Burusiya bwacurikiweho ikibuga nyuma y'igihe ari bwo buyoboye urugamba.
Kuri ubu intambara yahinduye uruhande ntikibera muri Ukraine ahubwo ari kubera imbere mu Burusiya guhera ku wa Kabiri w'icyumweru cyashize, ingabo za Ukraine zagabye ibitero mu Ntara ya Kursk iri kumupaka ubahuza, ibyatumye intambara ihita ihindura iruhande.
Magingo aya, Ukraine imaze gufata imidugudu 28 muri Kursk nk'uko Al Jazeera iri kubitangaza, andi makuru akaba yemeza ko ingabo za Ukraine ziri mu bilometero hagati ya 15 na 30 imbere mu butaka bw'u Burusiya.
BBC iri gutangaza ko ubuyobozi bw'u Burusiya mu Ntara ya Kursk bwasabye abandi baturage bari basigaye muri ibyo bice kwimuka bwangu, ari nako abandi baturage bo mu Ntara ya Belgorod nabo basabwe kwimuka kuko naho intambara ishobora kuhaduka.
Perezida w'u Burusiya Vladimir Putin yasezeranyije Ukraine ibihano bikomeye kubera ibyo yise kuvogera ubutaka bwe, aho bigitangira abayobozi mu Burusiya bavuze ko iki ari igitero cy'iterabwoba.
