U Burusiya na bwo bwahise butangaza ko bwongereye ibitero hakoreshejwe ibisasu bya misile na drones mu bice bitandukanye bya Ukraine, harimo n’umurwa mukuru Kyiv, ibitero byahitanye benshi bikanasiga inkomere
Ibice byibasiwe cyane ni Donetsk aho abantu umunani bapfuye, na Khmelnytsky aho undi umwe yahitanywe n’ibyo bitero. Muri Kyiv na ho haravugwa inkomere nyinshi. Ni mu gihe kandi, abategetsi ba gisirikare b'u Burusiya batangaje ko bafashe undi mujyi wo mu burasirazuba bwa Ukraine witwa Tolstoy.
Mu gihe ibi bitero bikomeje kwiyongera, Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky wari mu ruzinduko i Roma, aho yahuye n’Umushumba wa Kiliziya Gatorika Papa Leo wa XIV n’intumwa idasanzwe ya Amerika, Keith Kellogg, yasabye amahanga kongera igitutu kuri Moscow binyuze mu bihano bikarishye.
Ibi bitero biza bikurikira amagambo ya Trump udahwema gushimangira ko azakomeza gushyigikira Ukraine mu buryo bwose bushoboka. Gusa impaka ziracyakomeje ku ruhare Amerika yagira mu gukemura iyi ntambara yateje ibihombo n’imfu mu buryo bukabije kuva mu 2022.

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero kuri Ukraine
Ibitero by'u Burusiya byakomerekeje binahitana benshi
