Ni inkuru yatangajwe na AFP mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri igakwirakwira ku isi yose ko Lionel Messi yamaze kumvikana n'ikipe ya Al Hilal yo muri Saudi Arabia, akajya ahembwa asaga miliyoni 522 z'amapawundi ku mwaka.
Ku gicamunsi nibwo Jorge Messi yahakanye aya makuru ya AFP yemeza ko umuhungu we nta kimwe nimwe arasinyira cyangwa ngo bumvikane, ahubwo avuga ko umwanzuro uzafatwa ku musozo w'umwaka w'imikino.
Jorge Messi yatanze ubutumwa bugira buti:"Nta kintu kiremeranwa ku ikipe yo mu mwaka w'imikino utaha. Tuzafata umwanzuro ku musozo w'umwaka w'imikino."
Uyu munya-Argentine yakomeje avuga ko izina rya Messi riri gukoreshwa cyane ariko avuga ko ari ibihuha bidafite gihamya ibi binyamakuru bitandukanye biri gutangaza.
Byitezwe ko Lionel Messi azatandukana na Paris Saint-Germain ubwo uyu mwaka w'imikino uzaba urangiye, ndetse akaba asoje amasezerano y'imyaka ibiri yasinye.
Ikipe ya FC Barcelona iracyari mu makipe ahabwa amahirwe ko Messi ashobora kuyerekezamo, ariko Al Hilal iracyahabwa amahirwe menshi kubera akavagari yifuza kumuha mu gihe i Barcelona bo bakigongwa n'ibibazo by'ubukungu.
View this post on Instagram
