Ibyishimo ni byose kuri Luis Diaz ukinira ikipe ya Liverpool nyuma y'uko papa we wari umaze iminsi ari mu maboko ya ba rushimusi arekuwe, akaba yongeye guhura n'umuryango we kuri uyu wa Kane.
Tariki 28 Ukwakira 2023 nibwo Papa w'uyu mukinnyi, Luis Manuel Diaz w'imyaka 58, yashimuswe n'itsinda ry'abarwanyi ryo muri Colombia ryitwa National Liberation Army(ELN), irekurwa rye rikaba ryari ryabaye ingorabahizi.
Iahyirahamwe ry'umupira w'amaguru ryashimiye ingabo na police by'igihugu ku ruhare bagize kugira ngo uyu mubyeyi wa Luis Diaz arekurwe, dore ko byari byaciye igikuba mu bantu.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane nibwo byatangajwe n'ibinyamakuru byo muri Colombia ko gahunda zo kurekura Manuel Diaz zatangiye, aho hagaragaye indege mu misozi ya Perija hafi y'umupaka wa Venezuela aho ELN yari.
Papa wa Luis Diaz yarekuwe ari muzima
Umuryango wa Manuel Diaz wari umaze iminsi uhangayitse
