Nyuma yo gufasha ikipe ya TS Galaxy gusezerera Mamelodi Sundowns ubwo bageraga muri kimwe cya kane, umuzamu Ntwari Fiacre yongeye gufasha ikipe kugera muri kimwe cya kabiri cy'iri rushanwa rya Carling Knockout Cup.
Kuri uyu wa Gatandatu nibwo ikipe ya TS Galaxy yari yakiriwe n'ikipe ya Sekhukhune United kuri Peter Mokaba Stadium, umukino warangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.
Bagiye muri penariti Ntwar Fiacre yongera kwigaragaza birangira abashije gukuramo penariti ebyiri, TS Galaxy isezerera Sekhukhune United iyitsinze penariti 2-4 ihita yerekeza muri kimwe cya kabiri.
Ntwari Fiacre agomba guhita afata rutemikirere imwerekeza i Kigali dore ko ari ku rutonde umutoza mushya w'Amavubi yashize hanze, azifashisha mu mikino yo gushaka itike y'Igikombe cy'isi.
Tariki 15 Ugushingo, u Rwanda rufite umukino wa mbere aho ruzakira Zimbabwe, naho tariki 21 Ugushyingo 2023 u Rwanda rwakire South Africa mu mukino wa kabiri.
Fiacre akomeje kwitwara neza muri TS Galaxy yo muri Afurika y'epfo
Abakinnyi umutoza w'Amavubi Torsten Frank yahamagaye
