Umunya-Polonye Robert Lewandowski yatangaje ko ikiganiro yagiranye n'umutoza wa FC Barcelona ubwo bari bahuriye Ibiza, aricyo cyatumye yemera kujya mu ikipe ya FC Barcelona.
Ku wa Gatandatu tariki 16 Nyakanga 2022, nibwo byemejwe ko Robert Lewandowski yamaze gusinyira FC Barcelona amasezerano y'imyaka itatu, akaba yaravuye muri Bayern Munich ku igurishwa rifite agaciro ka miliyoni 60 z'amayelo.
Aba bombi bahuriye ku kirwa cya Ibiza giherereye muri Esipanye ubwo bari bari mu biruhuko muri iyi mpeshyi, ndetse atangaza ko ibyo baganiriye muri aka kanya katari kateguwe aribyo byamwemeje ko agomba kujya muri Barcelona.
Aganira n'ikinyamakuru Bild, Lewandowski yagize ati:"Xavi afitiye FC Barcelona gahunda yo kuyigarura ku gasongero. Nahuriye nawe Ibiza ku bw'amahirwe, ariko twagiranye ibihe byiza ndetse arambwira ngo 'Nzagutegereza, tuzakorana neza kandi dushobora gutwara ibikombe byinshi."
Lewandowski yatsinze Barcelona kenshi ari muri Bayern Munich(Net-photo)
Robert Lewandowski yagiye agira uruhare runini muri Bayern Munich imaze imyaka itorohera FC Barcelona, yaba muri 2020 iyitsinda ibitego 8-2, ndetse no mu mwaka ushize ubwo bafasha Barcelona kwerekeza muri Europa league.
Uyu rutahizamu yemeje ko abona ko FC Barcelona yagize ibibazo byinshi mu mwaka ushize w'imikino, ariko nanone abona ko iyi kipe iri mu nzira nziza zo kugaruka ku gasongero, kandi ngo intego ze ni gutwara ibikombe.
Robert Lewandowski yavuye muri Bayern Munich yari amazemo imyaka umunani nyuma yo kuyijyamo yigurishije ava muri Borussia Dortmund. Uyu mugabo wari ugeze mu mwaka wa nyuma w'amasezerano ye, yayifashije gutwara ibikombe byinshi birimo UEFA Champions league n'igikombe cy'isi.
