"Sinkina neza ariko mfatwa nk'umukinnyi w'igitangaza!"- Karim Benzema avuga ko adakunda ruhago igezweho

"Sinkina neza ariko mfatwa nk'umukinnyi w'igitangaza!"- Karim Benzema avuga ko adakunda ruhago igezweho

 Jan 19, 2022 - 08:46

Rutahizamu Karim Bemzema ntiyishimira ruhago igezweho n'ubwo ituma agaragara nk'umukinnyi w'igitangaza.

Rutahizamu w'umufaransa Karim Benzema w'imyaka 34, kuri ubu ameze neza cyane mu ikipe ya Real Madrid aho amaze gutsinda ibitego 24 mu mikino 27 aheruka gukina.

Gusa uyu mugabo avuga ko n'ubwo abantu bavuga ko ahagaze neza, ngo muri iki gihe abantu birebera ibitego gusa kandi atari byo bigaragaza ko umukinnyi yakinnye neza gusa.

Mu Kiganiro Karim Benzema yagiranye na France Football, yagaragaje ko ababazwa no kuba muri ruhago igezweho abantu bita ku bitego gusa aho kureba ibyo wakoze mu kibuga.

Benzema yagize ati:"Ntago tukireba umupira w'amaguru nk'uko twabikoraga mbere. Ntago dushobora gukurikira umukino iminota 90. Hari imirongo myinshi ihuza abantu benshi(social networks)

"Nta mwanya dufite wo kureba icyo umukinnyi akora mu kibuga, tureba gusa ibitego yatsinze.

"Ku munsi ukurikiyeho duha agaciro ibya nyuma, nk'ibiri kumbaho.

"Sinkina umukino mwiza ariko ntsinda ibitego ubundi nkagaragara nk'umukinnyi mwiza cyane.

"Sinkunda umupira w'amaguru umeze gutyo, ariko mu gihe kizaza noneho bizarushaho kuba gutyo.

"Umupira w'amaguru wabaye umukino aho twirebera imibare gusa. Nagombaga kuwisangamo."

Karim Benzema ntiyahoze areberwa mu gutsinda ibitego byinshi, dore ko yakoraga akazi ko gufasha Cristiano Ronaldo na Gareth Bale gutsinda ibitego byinshi.

Kuva Cristiano na Gareth Bale bagenda Benzema agatangira gukinana na Vinicius Junior, byabaye ngombwa ko ariwe utangira gutsinda ibitego byinshi muri Real Madrid.

Mu mwaka w'imikino ushize, Karim Benzema yatsinze ibitego 23 muri shampiyona akaba ari ubwa kabiri yari atsinze ibitego byinshi muri shampiyona, nyuma y'uko mu mwaka wa 2015-2016 yari yatsinze ibitego 24.

Gusa bigaragara ko noneho muri uyu mwaka azarenza ibyo bitego ari nako afasha Real Madrid gutwara igikombe cya La liga.

Karim Benzema kandi amaze gutsinda ibitego bitanu muri champions league muri uyu mwaka, ndetse Vinicius Jr akaba yaramuhaye imipira ine yavuyemo ibitego muri ibyo bitanu yatsinze.

Karim Benzema ntakunda ruhago igezweho(Modern football)