Jurgen Klopp yaciye amarenga ko Sadio Mane yaba agiye gukina umukino wa nyuma muri Liverpool

Jurgen Klopp yaciye amarenga ko Sadio Mane yaba agiye gukina umukino wa nyuma muri Liverpool

 May 28, 2022 - 06:12

Jurgen Klopp utoza Liverpool yizeye ko SadioMane aza kubafasha cyane ndetse avuga ko aho yakina hose mu mwaka utaha w'imikino azaba ari umukinnyi ukomeye.

Liverpool igiye guhura na Real Madrid ku mukino wa nyuma wa Champions league urabera kuri Stade de France, mu gihe Sadio Mane ameze neza dore ko yatsinze ibitego 23 mu mikino 50 amaze gukina muri uyu mwaka w'imikino.

Hashize iminsi havugwa amakuru anyuranye ko uyu munya-Senegal yifuzwa cyane na Bayern Munich ishobora gutakaza Robert Lewandowski wamaze kubabwira ko atazongera amasezerano.

Ubwo Jurgen Klopp yari abajijwe niba Sadio Mane azaba ari muri Liverpool mu mwaka utaha w'imikino yatanze igisubizo cyatumye benshi bakeka ko yaba afite amakuru ko Sadio Mane yaba afite gahunda yo kugenda.

Klopp yagize ati:"Iki si igihe kiza cyo kubivugaho. Aho Sadio Mane azakina hose mu mwaka utaha w'imikino azaba ari umukinnyi ukomeye."

Klopp yakomeje ati:"Sinitaye cyane ku bihuha bya Real Madrid. Sadio ashyize umutima we ku mukino. Si ubwa mbere mbere y'imikino ikomeye haje ibihuha bya Bayern Munich."

Sadio Mane aravugwa muri Bayern Munich(Image:The Sun)

Ibi kandi Klopp abivuze nyuma y'uko Mohamed Salah yemeje ko mu mwaka utaha w'imikino azaba ari muri Liverpool, mu gihe Sadio Mane we yanze kuvuga ahazaza he akavuga ko azahatangaza nyuma y'umukino wa nyuma wa Champions league.

Bitekerezwa ko Sadio Mane yanze kuvuga ko azava muri iyi kipe kugira ngo adateza umwuka mubi mbere yo kwesurana na Real Madrid, ariko nanone akaba atari kuvuga ko atazagenda kandi abizi ko ashobora kugenda. Ikaba ariyo mpamvu yavuze ko azabitangaza nyuma y'uyu mukino kuko umwaka wabo uraba urangiye.

Jurgen Klopp kandi yizera ko Liverpool itwaye Champions league ya karindwi byakongera amahirwe ya Sadio Mane cyangwa Mohamed Salah yo kwegukana Ballon d'Or, n'ubwo baraba bahanganye na Karim Benzema uhabwa amahirwe menshi yo kuyegukana.

Abajijwe niba uyu mukino ariwo uraza kugena uzatwara Ballon d'or, Klopp yagize ati:"Utekereje uko gihembo gitwarwa wavuga yego. 

"Uri Ronaldo, Messi cyangwa se watwaye Champions league. Ubwo nibwo buryo bikorwamo gusa."

Liverpool ifitemo amakuru meza mbere y'uyu mukino kuko Thiago Alcantara na Fabinho bari bafite ibibazo, byatangajwe ko bahari kuri uyu mukino kandi bameze neza.

Mohamed Salah we araza ashaka kwihorera nyuma yo kuvunwa hakiri kare ku mukino wa nyuma mu 2018 aho byarangiye Real Madrid itsinze Liverpool ibitego 3-1.