Kuri uyu wa mbere tariki 31 Mutarama 2022 nibwo hakinwe igice cya mbere cy'umukino wahuzaga APR FC na Mukura Victory Sports ariko igice cya kabiri kikaba cyakinwe kuri uyu wa kabiri tariki 01 Gashyantare 2022.
Ibi byatewe n'imvura nyinshi yaguye i Nyamirambo ku munsi w'ejo bigatuma hanzurwa ko umukino usubikwa hamaze gukinwa igice kimwe cy'uyu mukino.
Ni umukino w'ikirarane wari gukinwa ku munsi wa gatandatu wa shampiyona ariko ukaba utarakiniwe igihe kuko APR FC yari mu mikino nyafurika bituma imwe mu mikino yayo ya shampiyona isubikwa.
Igice cya mbere cy'uyu mukino cyarangiye ari igitego kimwe cya Mukura Victory Sports ku busa bwa APR FC. Icyo gitego cyatsinzwe na Nyarugabo Moise ku munota wa 30' w'umukino.
Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda FERWAFA ryanzuye ko kuri uyu wa kabiri umukino wagombaga gukomereza aho wari ugeze ndetse ni nako byagenze kuko hakinwe igice cya kabiri gusa.
Ikipe ya APR FC yaje yacuritse ikibuga kuko yari ibizi ko nitabona igitego itsindwa umukino, ndetse Mukura Victory Sports nayo iguma inyuma ishaka kutishyurwa igitego yari ifite.
Mukura Victory Sports yabashije kurinda izamu ryayo kugeza ku minota 45 yari yagenwe maze hashyirwaho iminota irindwi yinyongera ariko nabwo APR FC ibura igitego.
Ni umukino warimo igitutu dore ko byaje no gutuma Djibrin Akuki wa Mukura Victory Sports yerekwa ikarita y'umuhondo ya kabiri maze bimuviramo kwerekwa ikarita itukura.
Ikipe ya APR FC yari imaze imikino 51 itazi uko gutsindwa muri shampiyona y'u Rwanda bisa, ndetse n'umutoza Adil Mohamed yari amaze imikino 50, dore ko nta kipe yari yarigeze imutsinda muri shampiyona kuva yagera mu Rwanda.
APR FC yagumye ku mwanya wa mbere aho ifite amanota 31 ikaba irusha Kiyovu Sports ya kabiri amanota abiri, ikaba isigaranye umukino umwe w'ikirarane. Naho Mukura Victory Sports ikaba yageze ku mwanya wa karindwi aho ifite amanota 23.
Umukino wari wasubitswe wakomeje(Image:Igihe)
Mukura Victory Sports yahagatitse kudatsindwa kwa APR FC(Image:Igihe)
