Mushiki wa Cristiano Ronaldo yateguje isezera rye mu ikipe ya  Portugal

Mushiki wa Cristiano Ronaldo yateguje isezera rye mu ikipe ya Portugal

 Jul 3, 2026 - 14:29

Mushiki wa Cristiano Ronaldo, Kátia Aveiro yatangaje ko igikombe k'isi cya 2026 nikirangira, musaza we azahita asezera mu ikipe y'igihugu ya Portugal agaharira abakiri bato.

Ibi yabivuze mbere y'umukino wa 1/16 cy'irangiza wabaye ku wa 03 Nyakanga 2026 aho Portugal yatsinze Croatia ibitego 2-1.

Kátia yavuze ko amakuru afite yizewe agaragaza ko Ronaldo ashobora kuba ari gukina amarushanwa ye ya nyuma muri Portugal.

Yagize ati: "Nemera ko uku ari ugusezera kwe, bityo abantu bagomba kubyishimira kuko bizagorana kongera kubona umukinnyi umeze nka we. Amakuru mpfite ni ayo kwizerwa cyane. Ntekereza ko iyi ari imbyino ya nyuma, rero tuyishimire."

Yasobanuye ko ibyo yavuze bireba gusa urugendo rwa Ronaldo mu ikipe y'igihugu ya Portugal, atari umwuga we muri Al-Nassr cyangwa se no mu yandi makipe.

Cristiano Ronaldo w'imyaka 41 y'amavuko yatangiye gukinira Portugal muri 2003 afite imyaka 18 y'amavuko. Kugeza ubu ni we mukinnyi wakiniye iyi kipe imikino myinshi ndetse ni na we umaze kuyitsindira ibitego byinshi mu mupira w'amaguru w'abagabo ku rwego mpuzamahanga, aho amaze gutsinda ibitego 145.

Nubwo yayikotaniye akayihesha ibikombe bitandukanye, igikombe cy'Isi ni cyo akomeje kwirukankaho ngo arebe ko yagitwara mbere y’uko asezera iyi kipe.

Kuri ubu, izo nzozi ziracyashoboka kuko Portugal yamaze kugera muri 1/8 cy'irangiza, aho izahura na Espagne ku wa 06 Nyakanga 2026.

Umwanditsi: NIYOMUKIZA Gratien