Amagambo ya Ralf Rangnick yateye abafana ba Manchester United kwiheba

Amagambo ya Ralf Rangnick yateye abafana ba Manchester United kwiheba

 Jan 11, 2022 - 02:02

Umutoza wa Manchester United yabwiye abafana b'iyi kipe ko bidashoboka kuba wagera mu ikipe hagati mu mwaka ugahita ukemura ibibazo byose nk'uko abenshi bari babimwitezeho.

Ole Gunnar Solskjaer yirukanwe muri iyi kipe mu kwezi kwa 11 kwa 2021 kubera umusaruro muke muri iyi kipe. Manchester United yahise ihabwa Ralf Rangnick kugeza ku musozo w'uyu mwaka ngo ayizahure.

Byari byitezwe ko iyi kipe yongera kuba ikipe iryana ariko kuva uyu mudage yayifata nta mpinduka nini iragaragaza bitandukanye n'igihe yatozwaga na Ole Gunnar Solskjaer.

Umukino uheruka muri shampiyona, Manchester United yatsinzwe na Wolves igitego 1-0, ndetse ubu irushwa amanota ane n'ikipe ya kane ifite itike yo gukina champions league.

Mbere y'uko Manchester United ikina na Aston Villa muri FA cup kuri uyu wa mbere, Ralf Rangnick yibukije abafana bayo ko bizatwara igihe ngo iyi kipe igaruke ku murongo.

Rangnick yagize ati:"Ubwo nafataga iyi kipe ya Manchester United, nari mbizi ko hari akazi kenshi ko gukora. Ntago bishoboka ko wagera mu ikipe hagati mu mwaka w'imikino ngo uvuge amagambo make ubundi ibintu byose bigende neza.

"Dufite abakinnyi benshi bo ku rwego rwo hejuru buri umwe ku giti ke ndetse n'impano nyinshi ariko tugonba gukorera hamwe kugira ngo dukoneze gutera imbere."

Umutoza wa Aston Villa Steven Gerrard wari uri gutegura umukino na Manchester United, nawe yagize icyo avuga kuri iyi kipe.

Gerrard ati:"Niteze ko bagira icyo bagaragaza(Nyuma yo gutsindwa na Wolves).

"Narebye umukino wabahuje na Wolves. Byasaga nk'aho bafite gushyuha mu mutwe. Numvise ibyo umutoza yatangaje, yababajwe n'ibyavuye mu mukino. Igihari nuko bafite abakinnyi bo ku rwego rw'isi. Ni umukino ukomeye kuri twe.

"Ntago uyu mukino turawutegura nk'aho hari ibibazo muri Manchester United. Turitegura Manchester United nziza ishoboka.

"Byaba ari ubucucu no kubara nabi dutekereje ko tugiye gukina n'ikipe y'inyantege nke iri mu bihe bikomeye. Ndatekereza ko ntacyo bivuze kuba twakwitegura gutyo, ibyaba biri kuba hariya byose."

Uyu mukino wahuzaga Manchester United na Aston Villa warangiye ari igitego kimwe cy'abasore ba Ralf Rangnick ku busa bwa Aston Villa ya Steven Gerrard bikaba byatumye Manchester United ikomeza muri FA cup.

Ni igitego cyatsinzwe n'umunya-Scotland witwa Scott McTomnay akaba yagitsinze ku munota wa 8 w'umukino.

Rangnick yemeje ko gusubiza Manchester United ku murongo bizafata igihe(Image:Sky sports)

Manchester United yatsinze Aston Villa muri FA cup(Net-photo)