Imvura ivanze n’umuyaga mwinshi yasenye ibyumba by’ishuri ribanza rya Mkiringo mu Karere ka Butiama mu Karere ka Mara muri Kenya.
Imvura yaguye iminota 30 yateje ibyago mu ishuri ryasenyutseho ibyumba bitatu bituma abanyeshuri 201 baryigagamo babura aho bigira.
Umuyobozi wa komite ishinzwe amashuri abanza mu ntara ya Mkiringo yavuze ko kubera ikibazo cyo kubura aho abanyeshuri bigira amasomo yabaye ahagaritswe by’agateganyo kubera kubura ibyumba bihagije byo kwigiramo, aboneraho no gusa goverinoma kugira icyo yakora kuri icyo kibazo.Icyakora ku bw’amahirwe iyo mvura nta muntu yahitanye muri ako gace.
