Mu mpeshyi ya 2023 nibwo Lionel Messi yerekeje mu ikipe ya Inter Miami muri Major League Soccer, aho yifuzwaga n'andi makipe arimo FC Barcelona ndetse n'ikipe ya Al Hilal yo muri Saudi Arabia yamuhaga akavagari.
Messi yahabwaga miliyoni 350 z'amapawundi ku mwaka birangira ahisemo kujya muri Leta zunze ubumwe za Amerika, iyi kipe ihitama gusinyisha mugenzi we bakinanye muri PSG ndetse na FC Barcelona.
Inkuru dukesha umunyamakuru Rudy Galetti, iravuga ko ikigo cy'ishoramari cy'abanya-Saudi Arabia cyaba kiri gucura umugambi watuma Lionel Messi ajya muri Saudi Arabia nk'intizanyo mu kwezi kwa mbere kwa 2024.
Galetti avuga ko amakipe atandukanye yo muri Saudi Arabia yakwishimira gusinyisha Lionel Messi abifashijwemo n'iki kigo, gusa ikinyamakuru Sport cyo muri Espagne nacyo gitangaza ko ikipe ya FC Barcelona nayo yifuza kuba yagarura Lionel Messi ku ntizanyo muri uko kwezi kwa mbere.
Ikipe ya Inter Miami iri inyumaho amanota atanu ku mwanya wayemerera gukina imikino ya kamarampaka muri Major League Soccer, mu gihe habura imikino itatu gusa ngo iyi shampiyona ishyirweho akadomo bajye muri iyi mikino ya Play-off.
Messi aracyashakwa muri Saudi Arabia
