Mu mirwano imaze kugera ku myaka ibiri ishyamiranyije ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, n'umutwe witwaje intwaro wa M23 mu burasirazuba bw'iki gihugu igeze aho rukomeye byumwihariko mu Ntara ya Kivu y'Amajyaruguru.
Kuri uyu wa Gatanu, uyu mutwe wigaruriye agace ka Kanyabayonga kari muri Terirwari ya Lubero mu Ntara ya Kivu n'Amajyaruguru nyuma yo kuhirukana ingabo za Leta n'abafatanyabikorwa babo barimo Wazalendo, SADC, FDLR n'abandi.
Agace ka Kanyabayonga ni ingenzi muri iyi ntambara, dore ko gakungahaye ku mabuye y'agaciro, ndetse kandi ka kaba nk'ikiraro gihuza Teritwari za Lubero, Rutshuru, Beni na Walikale.
Kanyabayonga yatangiye kuberamo intambara guhera ku wa 30 Gicurasi 2024, M23 ikaba yigaruriye uyu mugi nyuma yo gufata ibindi bice biwukikije birimo Miriki na Kimaka.
Ubuyobozi bwa M23 bwemeje ko bwafashe uyu mugi, ndetse bavuga ko amahoro yagarutse, kandi ko hatazongera kuba indirimbo y'imitwe y'ikibi irimo Wazalendo na FDLR.
